Amakuru

Abakoresha Twitter bagiye gutangira kwishyuzwa

Ubuyobozi bwa Twitter bwatangaje ko buri gutegura uburyo buzafasha ibitangazamakuru bikoresha uru rubuga nkoranayambaga mu gusakaza inkuru zabyo, abazisoma bakishyura.

Izi mpinduka mu mikorere ya Twitter zatangajwe n’Umuyobozi mukuru wayo akaba na nyiri uru rubuga nkoranyambaga, Elon Musk, ku wa Gatandatu tariki 29 Mata.

Yavuze ko muri ubu buryo bushya, ibitangazamakuru bizashyirirwaho uburyo bwo kwishyuza abasoma inkuru biba byakwirakwije binyuze kuri Twitter. Umuntu azaba ashobora kugura ifatabuguzi ry’ukwezi cyangwa yishyurire inkuru agiye gusoma gusa.

Elon Musk yagaragaje ko izi mpinduka zigamije “gufasha ibigo by’itangazamakuru kugira ayo byinjiza biturutse mu nkuru byakoze ndetse n’abasomyi babyo bakazagira uko babyungukiramo.”

Biteganyijwe ko izi mpinduka zizatangira kugaragara muri Gicurasi 2023. Umwaka wa mbere ibigo by’itangazamakuru bazajya bibona amafaranga yose abasomyi babyo bishyuye ariko nyuma hakazakorwa impinduka z’uko Twitter izajya ifata 10% ku mafaranga yose yinjijwe muri ubu buryo.

Kuva Elon Musk yagura Twitter mu Ukwakira 2022 akomeje gukora impinduka cyane cyane izijyane no gusaba abakoresha uru rubuga nkoranyambaga kugira zimwe muri serivisi bishyura.

Ni imikorere uyu mugabo ashimangira ko igamije gufasha Twitter kurushaho kwinjiza amafaranga mu buryo burambye.

 

 

Source: Umunsi.com

Related Articles

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Back to top button