Utuntu nutundi
Vestine na dorcas Bagiye Gusora indirimbo nshya
Abahanzi kazi bagezweho mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, vestine na dorcas bateguje Abakunzi babo indirimbo nshya.
Babinyujije ku rukuta rwabo rwa Instagram babwiye abanyarwanda ko bagiye gusora indirimbo nshya izaba yitwa umutaka, bifashishije amagambo agira ati” turi mu mvura nyinshi ariko hari UMUTAKA”.
ibi Kandi byahamijwe na Irene Murindahabi usanzwe uhagarariye ibikorwa byaba bakobwa bigaruriye imitima ya benshii.
![](https://umusemburo.com/wp-content/uploads/2023/04/IMG-20230416-WA0002-192x300.jpg)
Vestine na dorcas ntibamaze igihe kinini muri muzika gusa mu Gihe bamaze bakunzwe nabatari bake hano mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.
Iyi kandi ni indirimbo bagiye gushyira hanze nyuma y’igihe gito basoye alubumu yabo ya mbere bise nahawe ijambo