Mu Ndirimbo Nshya, Harmonize yashimangiye urwo akunda Yolo The Queen
Harmonize yashyize hanze indirimbo nshya yakoranye na Bluce Melody bise “Zanzibar” yatunganyijwe mu buryo bw’amashusho na producer Element.
Muri iyi ndirimo Harmonize yumvikanyemo nanone avuga ibigwi Yolo The Queen ndetse ashimangira ko amukunda urukundo rw’agatangaza.
Ataka uyu mukobwa mwiza cyane Hari Aho Yagizwe ati ” ndarahiye atuma mbyina ateye neza nk’umwamikazi aho azajya hose nzamukurikirayo”, ndetse yakomeje avuga ko azishyiraho tatuwaje( Tattoo) igaragaza isura y’uyu mukobwa, Yagizwe ati, ” nshaka kwishyuraho tatuwaje yanjye yanyuma izaba ari isura yawe y’agatangaza”.
Ibi byose byongeye Gushimangira urukundo harmonize akunda yolo the Queen ndetse ikibazwa na benshi ni ukuba Yolo The Queen nawe yaba akunda Harmonize, mu minsi ishize nibwo Yolo The Queen yemezaga ko yakiriye amafaranga yoherejwe na Harmonize yo kuguramo inzu I Kigali Nk’uko Harmonize yari amaze gutangaza ko ashaks kwegera iki kizungerezi.
Iyi Ndirimo igiye hanze nyuma y’amagambo Harmonize yaramaze iminsi atangaza k’urukundo akunda uyu mukobwa, ubu arabishimangiye.